Ukutubahiriza ubuzima bwite
Ibisobanuro by’ingamba
GUHINDURA IBIKAMAKURU
Uyu munsi
2024 ukw. 2
2024 kam. 26
2023 kam. 29
2023 gas. 23
2022 nze. 29
2022 gas. 24
2021 Ugus 24
2021 nze. 30
2020 Ugus 18
2018 Ugus 30
2018 kam. 29
Ishingiro ry’amabwiriza
Serivisi zacu zigamije kurinda ubuzima bwite n’amakuru bwite by’abakoreshambuga bacu. Dukora cyane kugira ngo turinde umwirondoro n’amakuru byawe bwite ndetse ntitwemerera abantu gutangaza amwe mu moko y’amakuru bwite cyangwa y’ibanga abekeye cyangwa yerekeye abandi. Duha kandi abantu uburyo bwo gutangira raporo amashusho abantu batekereza ko anyuranyije n’uburenganzira ku buzima bwite bwabo.
Tuvanaho ubutumwa busangiza, butanga, cyangwa busaba amakuru atuma umuntu amenyekana cyangwa amakuru bwite ashobora gutuma habaho gukomeretsa umubiri cyangwa kwangiza ibijyanye n’imari, harimo amakuru yerekeye imari, aho umuntu atuye, n’ayerekeye ubuvuzi, kimwe n’amakuru bwite yakuwe ahatemewe n’amategeko. Tuzi ko amakuru bwite ashobora kubonekera buri wese binyuze mu nkuru zatangajwe n’itangazamakuru, ibirego byaregewe inkiko, amatangazo agenewe itangazamakuru, cyangwa ahandi haturuka amakuru. Igihe ibyo bibaye, dushobora kwemera ko amakuru atangazwa.
Dushyiraho ikumira ry’inyongera ku bikubiyemo amakuru byishyurwa. N’ubwo twemera amatangazo yamamaza atanga uburyo bw’imikoreshereze bwiza ku bakoreshambuga binyuze mu kwibanda ku busobanuro burambuye bw’ibicuruzwa na serivisi, tuvanaho amatangazo yamamaza abyaza umusaruro ibihe bibi abakoreshambuga barimo, asa n’abagaragaza mu buryo butari bwiza cyangwa budakwiye cyangwa agaragaza kuba hazwi amakuru bwite y’ibanga. Ku yandi makuru yerekeye amategeko yerekeye ubuzima bwite areba ibikubiyemo amakuru byishyurirwa, reba amategeko agenga kwamamaza yacu yerekeye Kutubahiriza ubuzima bwite n’ibiranga abantu.
Ntitwemera:
Ibirimo bisangira cyangwa bisaba amakuru yihariye, haba kuri serivisi zacu cyangwa binyuze mumiyoboro yo hanze, nkibi bikurikira:
Amakuru atuma umuntu amenyekana (PII)
- Ibikubiyemo gusangiza amakuru atuma umuntu amenyekana (amakuru amenyekanisha umuntu by’umwihariko) y’uwatangaje cyangwa y’abandi. Aha harimo:
- Nomero z’indangamuntu nka cyangwa nomero z’ikarita y’ubwiteganyize (SSN), nomero za pasiporo cyangwa nomero ziranga abasora zihariye (ITIN).
- Indangamuntu z’abo mu nzego z’iyubahirizamategeko, iza gisirikari cyangwa z’umutekano.
- Dosiye cyangwa inyandiko zemewe zo mu gitabo cy’irangamimerere (nk’inyandiko z’ishyingirwa, z’ivuka, zerekeye urupfu, zo guhinduza izina cyangwa izo kwemeza igitsina).
- Inyandiko zerekeye abinjira n’abasohoka cyangwa akazi nk’amakarita y’ubwenegihugu, impushya z’akazi cyangwa viza.
- Ibikubiyemo gusaba amakuru atuma abantu bamenyekana y’abandi
Aderesi bwite z’umuntu
- Ibikubiyemo gusangiza aderesi bwite z’umuntu uretse igihe zitangajwe na nyira zo cyangwa igihe zisangijwe cyangwa zisabwe mu rwego rwo kwamamaza ibikorwa by’ubugiraneza, korohereza igikorwa cyo gushakisha abantu baburiwe irengero, inyamaswa zabuze, cyangwa ba nyiribintu byabuze, cyangwa kuvugana n’ikigo cy’ubucuruzi cyangwa ikigo gitanga serivisi (uretse igihe bigaragajwe ko aderesi bwite z’umuntu zasangijwe nyirazo atabitangiye uruhushya).
Amakuru ajyanye n’imiturire.
- Ibikubiyemo gusangiza aderesi zihariye zuzuye z’ingo z’abandi, zirimo izina ry’inyubako cyangwa utumenyetso ku ikarita tugaragaza aderesi (n’iyo utumenyetso twaba turi mu ihuza ryo hanze y’urubuga), uretse mu bihe bikurikira:
- igihe zisangijwe mu rwego rwo kwamamaza ibikorwa by’ubugiraneza, korohereza igikorwa cyo gushakisha abantu baburiwe irengero, inyamaswa zabuze, cyangwa ba nyiribintu byabuze, cyangwa kuvugana n’ikigo cy’ubucuruzi cyangwa ibigo bitanga serivisi
- igihe urugo ari ingoro cyangwa ibiro by’ambasade byateganyirijwe umuyobozi wa leta wo ku rwego rwo hejuru
- Ibikubiyemo gusangiza aderesi zihariye zituzuye z’ingo z’abandi (uretse igihe urugo ari ingoro cyangwa ibiro by’ambasade by’umuyobozi wa leta wo ku rwego rwo hejuru):
- Igihe zisangijwe mu rwego rwo gutegura imyigaragambyo cyangwa kugenzura umuturage kandi aho urugo ruherereye hakaba hagaragazwa na kimwe mu bikurikira:
- Umuhanda
- Umujyi cyangwa agace gaturanye na wo (ku mijyi gusa ituwe n’abaturage bari munsi ya 50000)
- Kode y’iposita
- Utumenyetso ndangacyerekezo twa GPS cyangwa utumenyetso ndangacyerekezo turi ku ikarita y’ahantu tugaragaza bimwe muri ibi (kabone n’iyo utwo tumenyetso ndangacyerekezo twaba turi mu ihuza ryo hanze y’urubuga)
- Amashusho agaragaza imigaragarire y’inyuma y’ingo z’abantu igihe aya mategeko akurikira yose yubahirijwe:
- Urugo ni urutuyemo umuryango umwe, cyangwa nomero rukumbi/izina ry’inyubako iranga urugo igaragazwa mu ishusho/insobanuro.
- Aho urugo ruherereye hagaragazwa na kimwe mu bikurikira:
- Umuhanda
- Umujyi cyangwa agace gaturanye na wo (ku mijyi gusa ituwe n’abaturage bari munsi ya 50000)
- Kode y’iposita
- Utumenyetso ndangacyerekezo twa GPS cyangwa utumenyetso ndangacyerekezo turi ku ikarita y’ahantu tugaragaza bimwe muri ibi (kabone n’iyo utwo tumenyetso ndangacyerekezo twaba turi mu ihuza ryo hanze y’urubuga)
- Ubutumwa bugaragaza umuturage (abaturage).
- Wenda uwo muturage akaba atemera ihishurwa ry’urugo rwe cyangwa hakaba hari gahunda yo gutegura imyigaragambyo yamagana umuturage.
- Amashusho agaragaza urugo ntasangizwa kuko urugo rukorwaho inkuru ivugwa mu makuru (uretse igihe asangijwe mu rwego rwo gutegura imyigaragambyo yamagana umuturage)
- Ibikubiyemo gusaba aderesi zihariye z’ingo z’abandi (uretse igihe urugo ari ingoro cyangwa ibiro by’ambasade byateganyirijwe umuyobozi wa leta wo ku rwego rwo hejuru)
- Ibikubiyemo gusaba amakuru y’ahaherereye inzu z’ubwihisho cyangwa gutangaza amakuru yerekeye inzu z’ubwihisho binyuze mu gusangiza kimwe mu bikurikira (uretse igihe inzu y’ubwihisho yamamaza byeruye amakuru yerekeye imyubakire yayo)
- Aderesi nyakuri z’aho yubatse (Icyitonderwa: "Agasanduku k’iposita gusa" ni ko kemerewe)
- Amashusho y’inzu y’ubwihisho
- Umujyi/agace gaherereyemo inzu y’ubwihisho
- Amakuru ahishura imyirondoro y’abatuye mu nzu y’ubwihisho
Amakuru yerekeye ubuvuzi
- Kugabana ibirimo cyangwa gusaba amakuru yubuvuzi, imitekerereze, ibinyabuzima, cyangwa ibisekuruza / ibisekuruza byabandi (harimo iyo byerekanwe mumashusho cyangwa bisangiwe binyuze mumajwi cyangwa amashusho), mugihe bigaragara ko amakuru aturuka mubitabo byubuvuzi cyangwa mubindi byangombwa byemewe.
Amakuru ajyanye n’imari
- Kugabana ibirimo cyangwa gusaba amakuru yimari yumuntu kubyerekeye ibyapa cyangwa ibindi, bisobanurwa nkamakuru yerekeye imari yumuntu ku giti cye harimo:
- Dosiye cyangwa inyandiko bijyanye n’imari bitari ibya rusange.
- Nomero za konti zo muri banki hamwe na kode z’umutekano cyangwa za pin.
- Amakuru yerekeye uburyo bwo kwishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga hamwe n’amakuru y’iyinjira, kode z’umutekano cyangwa za pin.
- Amakuru yerekeye ikarita keredi cyangwa iya debi harimo amatariki zizarangiriraho cyangwa pin cyangwa kode z’umutekano.
- Ibikubiyemo gusangiza cyangwa gusaba amakuru ajyanye n’imari atari aya rusange y’ibigo cyangwa imiryango, asobanurwa nk’amakuru yerekeye imari y’ikigo cyangwa umuryango, uretse igihe ari ikigo ubwacyo cyabanje kuyasangiza (harimo n’uko asangizwa nyuma hadahinduwe umwimerere wayo) cyangwa yasangijwe binyuze mu gusabwa gutanga amakuru kw’abantu muri rusange (urugero nk’uko bisabwa n’amasoko y’imigabane cyangwa inzego ngenzuramikorere), arimo:
- Dosiye cyangwa inyandiko bijyanye n’imari bitari ibya rusange
- Nomero za konti zo muri banki ziherekejwe na kode z’umutekano cyangwa za pin.
- Amakuru yerekeye uburyo bwo kwishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga aherekejwe n’amakuru y’iyinjira, kode z’umutekano cyangwa za pin.
Amakuru yabonetse avuye ku winjiriwe
- Ibirimo bisabwa na posita cyangwa byemejwe ko byaturutse ahantu hibwe, utitaye ko uwanduye ari umuntu rusange cyangwa umuntu ku giti cye.
Ubutumwa bukurikira na bwo bushobora kuvanwaho:
- Ifoto cyangwa videwo by’umuntu byatazweho raporo iyo ugaragazwa mu mashusho ari:
- Umwana uri munsi y’imyaka 13 y’ubukure, kandi ubutumwa bukaba bwatanzweho raporo n’umwana cyangwa umubyeyi cyangwa umurezi ubyemerewe n’amategeko.
- Umwana uri munsi y’imyaka 13 na 18 y’ubukure, kandi ubutumwa bukaba bwatanzweho raporo n’umwana.
- Umuntu mukuru, iyo ubutumwa bwatanzweho raporo n’umuntu mukuru ari hanze ya Leta Zunze Ubumwe z'Amerika kandi amategeko akurikizwa akaba ashobora gutanga uburenganzira bwo kubuvanaho.
- Umuntu wese udafite ubushobozi cyangwa utabasha ubwe gutangira ubutumwa raporo.
Kuri aya mahame y'ihuriro akurikira, dusaba andi makuru na/cyangwa izindi mpamvu kugira ngo yubahirizwe:
- Amafoto y’abantu n’inyumabako z’amavuriro, asobanurwa nk’ibikubiyemo kugaragaza umuntu mu bitaro cyangwa ivuriro cyangwa umuntu utari icyamamare cyangwa umwana winjira cyangwa usohoka mu bitaro cyangwa mu ivuriro, kandi atangajwe na:
- Umuntu ugaragara mu ifoto
- Uhagarariye umuntu ugaragara mu ifoto
- Ibitaro cyangwa ivuriro byita ku buzima bw’umuntu ugaragara mu ifoto, cyangwa
- Ibitaro cyangwa ivuriro byahaye akazi umuntu ugaragara mu ifoto
- Inkomoko yerekana ko ihishura amakuru atari rusange ajyanye n’amatora asangiwe mu rwego rwo kugira uruhare mu bikorwa bya guverinoma y’amahanga.
- Twakuyeho raporo kumakuru nk'aya yatangajwe n'inzego z'itangazamakuru ziyobowe na leta mu gihugu inyuma y’amakuru.
Imikoreshereze y’ukoresha ibicuruzwa
Dore zimwe mu ngero zigaragaza uko iyubahiriza rigaragarira abantu kuri Facebook, nka: uko bigenda gutangira raporo ibyo utekereza ko bidakwiye kuba kuri Facebook, kubwirwa ko wanyuranyije n’amahame y'ihuriro yacu no kubona mugaragaza iburira ku bikubiyemo amakuru amwe n'amwe.
Icyitonderwa: Duhora tunoza, bityo rero ibyo ubona aha bishobora kuba bitakijyanye n’igihe ugereranije n’ibyo dukoresha ubu.
IMIKORESHEREZE Y’UKORESHA
Gutanga raporo
IMIKORESHEREZE Y’UKORESHA
Amakuru atangwa nyuma ya raporo
IMIKORESHEREZE Y’UKORESHA
Igikorwa cy’ivanaho
IMIKORESHEREZE Y’UKORESHA
Mugaragaza ziburira
Iyubahirizamategeko
Dufite amabwiriza amwe ku isi yose no kuri bose kuri Facebook.
Itsinda risuzuma
Itsinda ryacu rikorera ku isi yose rigizwe n’abagenzuzi basaga 15000 bakora buri munsi kugira ngo babungabunge umutekano w’abantu kuri Facebook.
Uruhare rw’abafatanyabikorwa
Inzobere zo hanze y’ikigo, abarimu bo muri za kaminuza, imiryango itari iya leta (NGOs) n’abashyiraho amabwiriza badufasha kumenyesha abantu amabwiriza y'ihuriro ya Facebook.
Kubona ubufasha ku bijyanye no kutubahiriza ubuzima bwite
Menya ibyo wakora igihe hari ibyo ubonye kuri Facebook binyuranyije n’amahame y'ihuriro.
Sura ahatangirwa ubufasha hacu