Icuruzwa ry’abantu

Ibisobanuro by’ingamba

GUHINDURA IBIKAMAKURU
Ishingiro ry’amabwiriza
Mu rwego rwo kurogoya no gukumira ikibi, tuvanaho ubutumwa bworohereza cyangwa buhuza ibikorwa bibyaza abantu umusaruro, harimo icuruzwa ry'abantu. Dusobanura icuruzwa ry'abantu nk’ubucuruzi buvutsa umuntu uburenganzira hagamijwe inyungu. Ni ugucuruza abantu hagamijwe kubahatira gukora imibonano mpuzabitsina nk’ubucuruzi, akazi cyangwa ibindi bikorwa badafitiye ubushake. Rishingira ku bushukanyi, ingufu, n’agahato, ndetse ritesha agaciro abantu binyuze mu kubavutsa uburenganzira mu gihe ryungura abandi mu rwego rw’ubukungu cyangwa rw’ibintu.
Icuruzwa ry'abantu rigaragara mu buryo bwinshi kandi rikorerwa ku isi hose; rishobora kugira ingaruka kuri buri wese hatitawe ku myaka y’ubukure, ku mpamvu zishingiye ku byiciro by’abaturage n’ubukungu, ubwoko, igitsina, cyangwa ahantu. Rigira imiterere itandukanye, kandi igikorwa cy’icuruzwa cyose gishobora kugira inzego z’imitegurire. Bitewe n’imiterere irimo agahato y’iki gikorwa kibi, abagirwaho ingaruka ntibashobora gutanga uruhushya.
N’ubwo tugomba kwitondera kutitiranya icuruzwa ry'abantu n’itwarwa ry’abimukira, bishobora kugirana isano no guhura. Umurwango w’abibumbye usobanura itwarwa ry’abimukira nko kwemerera cyangwa korohereza abantu kwinjira mu gihugu binyuranyije n’amategeko bambutse imipaka mpuzamahanga. Bitarinze gusaba gukoresha agahato cyangwa ingufu, rishobora kuvamo icuruzwa ry’abatishoboye bagerageza kuva mu bihugu bakomokamo, akenshi bakurikiye imibereho myiza. Itwarwa ry’abantu ni icyaha gikorerwa igihugu runaka gishingiye ku gutwara abantu, n’icuruzwa ry'abantu ni icyaha gikorerwa umuntu gishingiye ku kumubyaza inyungu.
usibye ibikubiyemo amakuru byamagana, bikangurira abantu, cyangwa bitangaza amakuru yerekeye ibibazo by’icuruzwa ry’abantu cyangwa gucuruza abantu, twemerera ibikubiyemo amakuru bisaba cyangwa bisangiza amakuru ajyanye n’umutekano bwite no kwambuka imipaka, gushaka ubuhungiro cyangwa uburyo bwo kuva mu gihugu.
Witangaza:
Ibirimo, ibikorwa cyangwa imikoranire yinjiza abantu, yorohereza cyangwa ikoresha abantu muburyo ubwo aribwo bwose bukurikira bwo gucuruza abantu:
  • Icuruzwa ry’abantu mu mibonano mpuzabitsina (igikorwa cy’icuruzwa ry’imibonano mpuzabitsina cyose gikoranwa n’umwana cyangwa cy’igikorwa cy’icuruzwa ry’imibonano mpuzabitsina cyose gikoranwa n’umuntu bikozwe ku ngufu, mu buriganya cyangwa ku gahato)
  • Igurishwa ry’abana cyangwa kugirwa abana n’abatarababyaye binyuranyije n’amategeko
  • Icuruzwa ry’imfubyi cyangwa ubukerarugendo bushingiye ku gucuruza imfubyi
  • Gushyingirwa ku gahato (harimo gushyingirwa kw'abana)
  • Gukoresha abantu imirimo y’umurengera (harimo n’ubucakara
  • Uburetwa bwo mu ngo
  • Gucuruza ingingo zidahinduka hatabariwemo gukuramo ingingo, impano, cyangwa guhindurwa muburyo bwo gutanga ingingo zidakoreshwa
  • Ubugizi bwa nabi bukoreshejwe umuntu ku gahato (urugero, isabiriza rikoreshejwe ku gahato, icuruzwa ry’ibiyobyabwenge ku gahato)
  • Kwinjizwa mu gisirikari kw’abana
Ubutumwa burimo aho undi muntu atanga akazi, yorohereza cyangwa yungukira (mu buryo bw’amafaranga cyangwa ubundi buryo) mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina
Ubutumwa bugaragaza gushyira mu ngiro cyangwa bworohereza ijyanwa ry’abantu
Ibikubiyemo gusaba serivisi z’icuruzwa ry’abantu
Twemera ibikubiyemo amakuru biteganywa n’aya mabwiriza igihe bitangajwe mu rwego rwo kwamagana, kwigisha, kumenyesha abantu, cyangwa gutangaza amakuru.
Muri politiki yacu yo gushakisha abantu, abadusuzuma hamwe na sisitemu zikoresha zirashobora kandi gutekereza ku bimenyetso bitandukanye byerekana imyitwarire kugirango bifashe gutahura no gufata ingamba zo kurenga kuri konti.
  • Turashobora gukuraho konti zishingiye kumikoranire yabo nizindi konti zirenga, gushakisha cyangwa imikoranire hamwe no kutubahiriza ibirimo, cyangwa kuba umunyamuryango (urugero Amatsinda) twakuyeho kubera kurenga kuri politiki yacu.
Kuri aya mahame y'ihuriro akurikira, dusaba andi makuru na/cyangwa izindi mpamvu kugira ngo yubahirizwe:
Dushobora kuvanaho ibikubiyemo amakuru arimo itangwa ry’akazi mu bice by’ahantu bibamo ibyago byinshi byo gufatwa nabi bishingiye ku kazi igihe byemejwe n’inzego z’iyubahirizamategeko, imiryango itari iya leta y’imbere mu gihugu, cyangwa abandi bafatanyabikorwa bizewe
Imikoreshereze y’ukoresha ibicuruzwa
Dore zimwe mu ngero zigaragaza uko iyubahiriza rigaragarira abantu kuri Facebook, nka: uko bigenda gutangira raporo ibyo utekereza ko bidakwiye kuba kuri Facebook, kubwirwa ko wanyuranyije n’amahame y'ihuriro yacu no kubona mugaragaza iburira ku bikubiyemo amakuru amwe n'amwe.
Icyitonderwa: Duhora tunoza, bityo rero ibyo ubona aha bishobora kuba bitakijyanye n’igihe ugereranije n’ibyo dukoresha ubu.
IMIKORESHEREZE Y’UKORESHA
Gutanga raporo
IMIKORESHEREZE Y’UKORESHA
Amakuru atangwa nyuma ya raporo
IMIKORESHEREZE Y’UKORESHA
Igikorwa cy’ivanaho
IMIKORESHEREZE Y’UKORESHA
Mugaragaza ziburira
Iyubahirizamategeko
Dufite amabwiriza amwe ku isi yose no kuri bose kuri Facebook.
Itsinda risuzuma
Itsinda ryacu rikorera ku isi yose rigizwe n’abagenzuzi basaga 15000 bakora buri munsi kugira ngo babungabunge umutekano w’abantu kuri Facebook.
Uruhare rw’abafatanyabikorwa
Inzobere zo hanze y’ikigo, abarimu bo muri za kaminuza, imiryango itari iya leta (NGOs) n’abashyiraho amabwiriza badufasha kumenyesha abantu amabwiriza y'ihuriro ya Facebook.
Bona ubufasha ku bijyanye n’icuruzwa ry’abantu
Menya ibyo wakora igihe hari ibyo ubonye kuri Facebook binyuranyije n’amahame y'ihuriro.
Sura ahatangirwa ubufasha hacu