Icuruzwa ry’abantu bakuru rishingiye ku gitsina

Ibisobanuro by’ingamba

GUHINDURA IBIKAMAKURU
Ishingiro ry’amabwiriza
Tuzi akamaro ka Serivisi zacu nk’ahantu ho kuganirira no kuvuga byimbitse ku ihohotera n’icuruzwa bishingiye ku gitsina. Twizera ko iki ari igice cyingenzi cyo kubaka imyumvire rusange n’umuryango. Mu rwego rwo gushyiraho umwanya w'iki kiganiro no guteza imbere ibidukikije bitekanye, twemerera abarokotse gusangira ibyo babonye, ariko dukuraho ibintu byerekana, bikangisha cyangwa biteza imbere ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ihohoterwa rishingiye ku gitsina cyangwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Dukuraho kandi ubutumwa bugaragaza, bukorera ubuvugizi cyangwa buhuza ibikorwa bishingiye ku gitsina bitemeranyijweho n’impande zombi mu rwego rwo kurwanya korohereza ibikorwa bishingiye ku gitsina bitemeranyijweho. Byongeye kandi, niba tumenye ibirimo byose bibangamira cyangwa bishyigikira gufata kungufu, turashobora guhagarika konte yoherejwe kandi tugakorana nabashinzwe umutekano, usibye gukuraho ibirimo.
Kurinda abacitse ku icumu, dukuraho amashusho yerekana ibyerekeranye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’amashusho yimibonano asangiwe atabanje kubiherwa uruhushya n’umuntu wagaragaye. Nk’uko byagaragajwe mu ntangiriro, dukorana kandi n’inzobere mu by’umutekano zo hanze y’ikigo cyacu kugira ngo tuganire ndetse tunoze amabwiriza yacu n’iyubahirizwa ry’amategeko ajyanye n’ibibazo by’umutekano wo kuri interineti , ndetse dushobora kuvanaho ubutumwa igihe butanga amakuru agaragaza ko ubwo butumwa bufite aho buhuriye n’igikorwa cy’ubugizi bwa nabi. Twanditse ku bijyanye n’ tekinoroji dukoresha kugirango turinde amashusho yimbitse adahuje no ku bushakashatsi bwatanze amakuru mu kazi kacu. Twashyize hamwe kandi ibyifashishwa mu kumenyekanisha ibikangisho n'amashusho y'imyanya y'ibanga asangizwa Meta bitatangiwe uruhushya kugira ngo dukumire isakazwa ry'amashusho y'imyanya y'ibanga y'abantu kuri interineti bitarakorwa.
Ntitwemera:
Ibikubiyemo amakuru arimo kugaragaza, kuvuganira, cyangwa gukwena ikorakoramubiri riganisha ku mibonano mpuzabitsina ritumvikanyweho, birimo:
  • Amashusho agaragaza ikorakoramubiri riganisha ku mibonano mpuzabitsina ritumvikanyweho (uretse igihe bikozwe mu buryo bw’ubugeni bw’isi y’ubuzima busanzwe hagaragazwa abantu batari aba nyabo, buherekejwe n’insobanuro ibyamagana cyangwa idafite uruhande ibogamiyeho)
  • Imvugo zigerageza cyangwa zikangisha gusangiza, gutanga, gusaba amashusho agaragaza ikorakoramubiri riganisha ku mibonano mpuzabitsina ritumvikanyweho
  • Ibi, ikorakoramubiri riganisha ku mibonano mpuzabitsina ritumvikanyweho, uretse igihe bisangijwe n’uwarikorewe cyangwa abushyigikiye
  • Ubuvugizi (n’imvugo zumvikanisha umugambi n’ibishingirwaho), bishyigikira ikorakoramubiri riganisha ku mibonano mpuzabitsina ritumvikanyweho gukinga gukora ikorakoramubiri riganisha ku mibonano mpuzabitsina ritumvikanyweho, cyangwa kwemera uruhare muri ryo
  • Ubutumwa bukwena abizweho ingaruka cyangwa igitekerezo cy’ikorakoramubiri riganisha ku mibonano mpuzabitsina ritumvikanyweho
  • Ibikubiyemo amakuru byasangijwe n’undi muntu bigaragaza abakorewe cyangwa abarokotse ihohoterwa rishingiye ku gitsina igihe bitangiwe raporo n’uwarikorewe
Ibirimo, ibikorwa cyangwa imikoranire igerageza gukoresha abantu na:
  • Gushukishwa amafaranga, ibintu byiza cyangwa amashusho y’ibanga by’abantu bijyana no gukangishwa gushyira hanze amashusho y’ibanga cyangwa amakuru by’ibanga byabo (ubwambuzi bushingiye ku bikangisho bifitanye isano n’igitsina)
  • Gusangiza, gukangisha, kugaragaza umugambi wo gusangiza, gutanga cyangwa gusaba amashusho y’imyanya y’ibanga atumvikanyweho (NCII) yujuje ibisabwa bitatu bikurikira:
    • Amashusho atari ay’ubucuruzi n’ayafashwe mu rwego rw’ubuzima bwite.
    • Umuntu ugaragara mu mashusho yambaye (asa n’uwambaye) ubusa, ari mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina cyangwa mu nyifato igaragaza gusaba gukora imibonano mpuzabitsina (ibi birimo amashusho yakozwe mu buryo bw'ikoranabuhanga cyangwa akozwe na AI).
    • Kutagira uruhushya rwo gusangiza amashusho bigaragazwa no kuba byerekana kimwe muri ibi bimenyetso:
      • Kugaragaza kwihorera (nk’insobanuro, ibitekerezo cyangwa izina rya Paji).
      • Inkomoko z’amakuru zihariye nk’ububiko bw’amakuru bw’inzego z’iyubahirizamategeko, inkuru zatangajwe n’itangazamakuru (nk’amashusho yashyizwe hanze yemejwe n’itangazamakuru) - cyangwa abahagarariye uwagizweho ingaruka n’ayo mashusho y’imyanya y’ibanga atumvikanyweho (NCII)
      • Raporo itangwa n’umuntu ugaragazwa mu ifoto cyangwa uhuje izina n’umuntu ugaragazwa mu ifoto.
  • Kwamamaza, gukangisha gusangira, cyangwa kugaragaza ubushake bwo gukora amashusho agaragaza abasomana hifashishijwe porogaramu z'ikoranabuanga cyangwa serivisi (zirimo Ubwenge buhangano (AI) cyangwa amabwiriza, n'iyo haba nta mashusho y'ubucuruzi cyangwa atari ay'ubucuruzi yaba yasangijwe mu bikubiye mo amakuru (rimwe na rimwe zitwa porogaramu “zambika ubusa” cyangwa porogaramu zifashishishwa mu “gusomanisha abantu hakoreshejwe AI”).
  • Kugabana amashusho yafashwe rwihishwa adashingiye ku bucuruzi yibanda ku bice bigize umubiri w’umuntu usanzwe ukora imibonano mpuzabitsina (nk'amabere, igituba, ikibuno, cyangwa ikibero), umuntu wifotoje yerekana imibonano mpuzabitsina, cyangwa umuntu ukora imibonano mpuzabitsina, kandi asangiye umugambi wo gusebanya, guhuza ibitsina cyangwa kwerekana umwirondoro w’umuntu ushushanyije. Aya mashusho akunze kwitwa "creepshots" cyangwa "upskirts".
  • Gusangiza, gukangisha gusangiza cyangwa kwemeza ubushake bwo gusangiza ibiganiro bigusha ku mibonano mpuzabistina byihariye igihe kuba hataratanzwe uruhushya rwo kubisangiza bigaragazwa na kimwe mu bikurikira:
    • Kugaragaza kwihorera ndetse/cyangwa n’ibikangisho,
    • Inkomoko z’amakuru zihariye nk’inkuru zatangajwe n’itangazamakuru cyangwa ububiko bw’amakuru bw’inzego z’iyubahirizamategeko, cyangwa
    • Raporo itangwa n’umuntu ugaragazwa mu ifoto cyangwa uhuje izina n’umuntu ugaragazwa mu ifoto
Ibikubiyemo amakuru yerekeye gusambanya imirambo cyangwa guhatirwa gukuramo imyambaro:
  • Amashusho agaragaza gusambanya imirambo cyangwa guhatirwa gukuramo imyambaro (uretse igihe bikozwe mu buryo bw’ubugeni bw’isi y’ubuzima busanzwe hagaragazwa abantu batari aba nyabo, buherekejwe n’insobanuro ibyamagana cyangwa idafite uruhande ibogamiyeho)
  • Imvugo zigerageza gusangiza, gutanga, gusaba, cyangwa gukangisha gusangiza amashusho agaragaza gusambanya imirambo cyangwa guhatirwa gukuramo imyambaro
  • Imvugo zirimo ibisobanuro byo gusambanya imirambo guhatirwa cyangwa gukuramo imyambaro, kubivuganira, imvugo zumvikanisha umugambi n’ibishingirwaho zibyerekeye, imvugo zumvikanamo ubushake cyangwa guhamagarira abantu kubikora, kwemera uruhare muri byo, cyangwa gukwena abagizweho ingaruka na byo
Ku butumwa bukurikira, dushyiraho mugaragaza y’ubutumwa bukora ku marangamutima kugira ngo abantu bamenye ko ubwo butumwa bushobora guhungabanya bamwe:
Imbarankuru n’amagambo birimo ubusobanuro bw’ikorakoramubiri riganisha ku mibonano mpuzabitsina ritumvikanyweho (mu nyandiko cyangwa mu mvugo) birimo ubusobanuro burenze guha inyito cyangwa kugaragaza igikorwa iyo:
  • Bisangijwe n’uwarokotse ingaruka zabyo, cyangwa
  • Bisangijwe n’undi muntu (utari uwagizweho ingaruka na byo) ashyigikira uwagizweho ingaruka na byo cyangwa yamagana icyo gikorwa cyangwa kugira ngo abimenyeshe abantu muri rusange bisobanurwa n’urwego bisangijwemo cyangwa n’insobanuro.
Kuri aya mahame y'ihuriro akurikira, dusaba andi makuru na/cyangwa izindi mpamvu kugira ngo yubahirizwe:
Dushobora guhagarikira abantu barengeje imyaka 18 y’ubukure kubibona kandi tugashyira akarango k’iburira kuri bimwe mu bikubiyemo amakuru birimo:
  • Ibikubiyemo amakuru bigaragaza ikorakoramubiri riganisha ku mibonano mpuzabitsina ritumvikanyweho, igihe:
    • Bisangijwe mu rwego rwo kubimenyesha abantu (bitari mu rwego rw’imyidagaduro cyangwa guca igikuba,
    • Uwagizweho ingaruka atamenyekana, kandi
    • Ibikubiyemo amakuru bitagaragaramo ubwambure
  • Ibikubiyemo amakuru agaragaza inkuru mpimbano y’ikorakoramubiri riganisha ku mibonano mpuzabitsina ritumvikanyweho (incamake za filime ziri hafi gusohorwa, n’ibindi.) igihe bisangijwe n’abafatanyabikorwa bizewe mu rwego rwo kubimenyesha abantu kandi bitari mu rwego rwo guca igikuba
Dushobora guhagarika uburyo bwo kubona ibintu ku bantu barengeje imyaka 18 y’ubukure kandi tugashyira akarango kaburira ku bikubiyemo amakuru agaragaza gukorakora umuntu hagamijwe imibonano mpuzabitsina bitumvikanyweho, igihe bisangijwe hagamijwe kubimenyesha abantu kandi bitari mu rwego rwo gususurutsa abantu cyangwa kuzamura amarangamutima, igihe uwabikorewe cyangwa uwabirokotse atagaragara n’igihe ibikubiyemo amakuru bitagaragaza ubwambure.
Ikirenze ku mabwiriza yacu akurikizwa mu gukuraho ubutumwa burimo ibikangisho cyangwa buvuganira gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato cyangwa irindi korakoramubiri riganisha ku mibonano mpuzabitsina ritumvikanyweho, dushobora no guhagarika konti yabutangaje.
Dushobora kandi kubahiriza amategeko ku butumwa bwasangijwe n’undi muntu bugaragaza abarokotse ihohoterwa rishingiye ku gitsina igihe butangiwe raporo n’uhagarariye umuntu wemewe cyangwa umufatanyabikorwa wagiriwe icyizere.
Imikoreshereze y’ukoresha ibicuruzwa
Dore zimwe mu ngero zigaragaza uko iyubahiriza rigaragarira abantu kuri Facebook, nka: uko bigenda gutangira raporo ibyo utekereza ko bidakwiye kuba kuri Facebook, kubwirwa ko wanyuranyije n’amahame y'ihuriro yacu no kubona mugaragaza iburira ku bikubiyemo amakuru amwe n'amwe.
Icyitonderwa: Duhora tunoza, bityo rero ibyo ubona aha bishobora kuba bitakijyanye n’igihe ugereranije n’ibyo dukoresha ubu.
IMIKORESHEREZE Y’UKORESHA
Gutanga raporo
IMIKORESHEREZE Y’UKORESHA
Amakuru atangwa nyuma ya raporo
IMIKORESHEREZE Y’UKORESHA
Igikorwa cy’ivanaho
IMIKORESHEREZE Y’UKORESHA
Mugaragaza ziburira
Iyubahirizamategeko
Dufite amabwiriza amwe ku isi yose no kuri bose kuri Facebook.
Itsinda risuzuma
Itsinda ryacu rikorera ku isi yose rigizwe n’abagenzuzi basaga 15000 bakora buri munsi kugira ngo babungabunge umutekano w’abantu kuri Facebook.
Uruhare rw’abafatanyabikorwa
Inzobere zo hanze y’ikigo, abarimu bo muri za kaminuza, imiryango itari iya leta (NGOs) n’abashyiraho amabwiriza badufasha kumenyesha abantu amabwiriza y'ihuriro ya Facebook.
Kubona ubufasha ku bijyanye n’icuruzwa ry’abantu bakuru mu busambanyi
Menya ibyo wakora igihe hari ibyo ubonye kuri Facebook binyuranyije n’amahame y'ihuriro.
Sura ahatangirwa ubufasha hacu