Kurinda abana kw’inyongera

Ibisobanuro by’ingamba

GUHINDURA IBIKAMAKURU
Twubahiriza:
  • Ubusabe bwo gukuraho konti y’utujuje imyaka.
  • Guverinoma irasaba gukuraho amashusho y’ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishingiye ku gitsina.
  • Ubusabe bw’urera umwana ubyemerewe n’amategeko bwo gukuraho ubutumwa bwibasira abana babaye ibyamamare batabishaka.
Kuri aya mahame y'ihuriro akurikira, dusaba andi makuru na/cyangwa izindi mpamvu kugira ngo yubahirizwe:
Dushobora kuvanaho ubutumwa bwateguwe hagamijwe kugaragaza umwirondoro bwite w’umwana iyo umutekano w’umwana ushobora kujya mu kaga, igihe bisabwe n’ukoresha ibicuruzwa byacu, leta, inzego z’iyubahirizamategeko cyangwa inzobere mu bijyanye n’umutekano w’abana zo hanze yacu.
Imikoreshereze y’ukoresha ibicuruzwa
Dore zimwe mu ngero zigaragaza uko iyubahiriza rigaragarira abantu kuri Facebook, nka: uko bigenda gutangira raporo ibyo utekereza ko bidakwiye kuba kuri Facebook, kubwirwa ko wanyuranyije n’amahame y'ihuriro yacu no kubona mugaragaza iburira ku bikubiyemo amakuru amwe n'amwe.
Icyitonderwa: Duhora tunoza, bityo rero ibyo ubona aha bishobora kuba bitakijyanye n’igihe ugereranije n’ibyo dukoresha ubu.
IMIKORESHEREZE Y’UKORESHA
Gutanga raporo
IMIKORESHEREZE Y’UKORESHA
Amakuru atangwa nyuma ya raporo
IMIKORESHEREZE Y’UKORESHA
Igikorwa cy’ivanaho
IMIKORESHEREZE Y’UKORESHA
Mugaragaza ziburira
Iyubahirizamategeko
Dufite amabwiriza amwe ku isi yose no kuri bose kuri Facebook.
Itsinda risuzuma
Itsinda ryacu rikorera ku isi yose rigizwe n’abagenzuzi basaga 15000 bakora buri munsi kugira ngo babungabunge umutekano w’abantu kuri Facebook.
Uruhare rw’abafatanyabikorwa
Inzobere zo hanze y’ikigo, abarimu bo muri za kaminuza, imiryango itari iya leta (NGOs) n’abashyiraho amabwiriza badufasha kumenyesha abantu amabwiriza y'ihuriro ya Facebook.
Kubona ubufasha ku bijyanye no kurinda abana kw’inyongera
Menya ibyo wakora igihe hari ibyo ubonye kuri Facebook binyuranyije n’amahame y'ihuriro.
Sura ahatangirwa ubufasha hacu